Dark Mode
Image
  • Monday, 06 May 2024
Ni cyo cya nyuma gikinwe n’amakipe 32: Ibyo wamenya ku gikombe cy’Isi cya 2022

Ni cyo cya nyuma gikinwe n’amakipe 32: Ibyo wamenya ku gikombe cy’Isi cya 2022

Igihugu cya Qatar kigiye kwakira iri rushanwa ariko ariko haravuzwe byinshi birimo no kuba abantu benshi batarumvaga uburyo iki gihugu gito cyahwe iri rushanwa rikomeye.

Ibi kandi byanashimangiwe no kwicuza k’uwari Perezida wa FIFA Sepp Blatter, nawe wavuze ko ari amakosa yakoze guha Qatar kwakira iri rushanwa rikomeye nyamara ari igihugu gito.

Yagize ati ”Ni igihugu gito kandi umupira w’amaguru n’Igikombe cy’Isi ni binini kuri cyo.Yari amahitamo mabi ariko ni njyewe byarebaga icyo gihe nka Perezida.”
N’ubwo havuzwe byinshi ariko irushanwa riratangira kuri iki cyumweru, Ibyo wamenya ku gikombe cy’Isi 2022 mbere yuko utangira kuryoherwa n’imikino 64:

1. Kirahenze cyane

Kuva mu mwaka wa 2010 igihugu cya Qatar cyahabwa kuzakira Igikombe cy’Isi 2022 cyatangiye gukora imyiteguro mu mpande zose. Imbaraga nyinshi zashyizwe mu kubaka ibikorwa remezo bitandukanye birimo imihanda, hoteli ndetse na stade.

Qatar kugeza ubu bivugwa ko yashoye arenga miliyali 200 z’amadorali mu bikorwa remezo gusa, ibi ni byo bituma irushanwa ry’uyu mwaka rijya muri bimwe mu bikombe by’isi bihenze mu mateka y’umupira w’amaguru.

2. Stade nke zizakinirwaho ugereranyije n’amarushanwa yabanje:

Stade umunani ni zo zizakinirwaho imikino 64 y’Igikombe cy’Isi aho mu myaka ya vuba aricyo gikombe cy’Isi kigiye gukinirwa kuri stade nkeya. Muri izi stade umunani kandi imwe muri zo ni yo yonyine yavuguruwe mu gihe izindi zirindwi(7) zose ari nshya zubatswe.

 

1978 ubwo Argentine yakiraga Igikombe cy’Isi icyo gihe hakoreshejwe stade esheshatu(6) gusa nanone icyo gihe iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe 16 gusa. Amakipe yitabira yashyizwe kuri 32 mu 1998 ubwo iri rushanwa ryari ryabereye mu Bufaransa, icyo gihe imikino 64 yakiniwe kuri stade 10.

Mu mwaka wa 2002 Igikombe cy’Isi cyakiriwe na Koreya y’Amajyepfo n’u Buyapani, icyo gihe hakoreshejwe stade 20 ku mikino 64 aho buri gihugu cyari gifite stade 10. Mu 2006 iri rushanwa ryakiriwe n’u Budage maze icyo gihe hakoreshwa stade 12 mu gihe mu 2010 iri rushanwa ryabereye muri Afuka y’Epfo aho imikino 64 yakiniwe muri stade icumi(10).

Mu nshuro ebyiri Igikombe cy’Isi giheruka gukinwa, mu mwaka wa 2014 kibera muri Brazil icyo gihe hakoreshejwe stade 12 mu gihe igiheruka muri 2018 mu Burusiya hakoreshejwe naho stade 18.

Mu kwezi kose iri rushanwa rizamara ribera muri Qatar hitezwe umubare w’abantu benshi bazasura igihugu cya Qatar. Imwe mu mpamvu izaba yihishe inyuma yo kwakira abantu benshi muri ibi bihe nuko iki gihugu cyiza kiri mu burasirazuba bwo hagati aho giherereye horoshye kugerwa byoroshye uturutse mu byinshi mu bihugu ku Isi.

4.Ingendo ziroroshye imbere mu gihugu:

Qatar ni igihugu gito cyane kuko gifite ubuso bwa 11,571 km² ibi bisobanuye ko kuva ahantu hamwe werekeza ahandi nabyo byoroshye. Imijyi izakira imikino nka Doha,Lusail,Al Wakrah na Al Rayyan yose iraturanye niyo mpamvu kuva kuri stade imwe ujya ku yindi bitazajya bigora abazaba bari muri Qatar.

5.Ni cyo gikombe cy’Isi cya mbere gikinwe mu itumba:

Ubusanzwe Igikombe cy’isi gikinwa mu mpeshyi (hagati y’ukwezi kwa Kamena-Nyakanga) kuva cyatangira mu mwaka wi 1930. Mu 2022 iri rushanwa riri gukinwa ku nshuro ya 21 ariko bitandukanye ni nshuro 20 ziheruka kuko ubu kigiye gukinwa hagati y’Ugushyingo n’Ukuboza.

Ibi byatewe n’uko mu gihe cy’impeshyi mu gihugu cya Qatar haba hari ubushyuhe bwinshi cyane kuko haba hari ubushyuhe bugera kuri dogere 41.1111 mu gihe muri iki gihe iri rushanwa rigiye gukinwamo mu kwezi k’Ugushyingo ubushyuhe bugera kuri dogere 28,8889 na 23,8889 mu Ukuboza.

Comment / Reply From